Jabo Aristote wanze igiteko cya APR FC yahagaritswe
Komisiyo Ishinzwe Imisifurire mu Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) yahagaritse umusifuzi, Jabo Aristote imikino ine adasifura, nyuma yo kwanga igitego cyashoboraga guhesha APR FC intsinzi ku mukino wayihuje na Al-Merrikh SC, yemeza ko habayeho kurarira.
Uyu mukino w’Umunsi wa 15 wa Shampiyona wabereye kuri Stade Amahoro, tariki ya 18 Mutarama 2026, warangiye amakipe yombi anganyije 0-0.
ku munota wa 88, APR FC yibwiraga ko ifunguye amazamu ku ishoti rikomeye ryatewe na Dauda Yussif ari hanze y’urubuga rw’amahina, ariko umusifuzi wo ku ruhande agaragaza ko habayeho kurarira.
Iki cyemezo cyafashwe n’umusifuzi wo ku ruhande Jabo Aristote nticyishimiwe n’ubuyobozi bwa APR FC kuko byayimishije intsinzi mu buryo bugaragarira buri wese bituma yandikira FERWAFA, isaba kurenganurwa ku karengane yakorewe muri uwo mukino.
Kunganya uyu mukino byatumye, APR FC inanirwa gufata umwanya wa kabiri, iguma ku mwanya wa gatatu n’amanota 33 irushwa na Al Hilal SC ya mbere amanota abiri.
AMAHORONEWS.COM
