CECAFA : Rayon Sport na Al Hilal uko Tombola yagenze

0
whatsapp_image_2026-02-25_at_17.23_58_2_-6ca44

Tombola ya CECAFA Kagame Cup yasize Rayon Sports mu itsinda ry’urupfu ririmo Al Hilal SC na Tusker FC mu gihe APR FC yisanze iri kumwe na Gor Mahia yayisezereye muri CAF Champions League 2020.

Muri iki gitondo ni bwo habaye tombola y’uko amakipe azaba ari mu matsinda ya CECAFA Kagame Cup izabera mu Rwanda kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza tariki ya 8 Kanama 2026.

Ni CECAFA yaherukaga kubera mu Rwanda muri 2019.

Mu cyumba gisanzwe kiberamo ikiganiro n’itangazamakuru muri Stade Amahoro ni ho iyi tombola yabereye.

Ikaba yayobowe na Andrew Jackson Oryada ushinzwe imenyekanishabikorwa n’itumanaho muri CECAFA ndetse na Haruna Niyonzima.

Ni CECAFA izitabirwa n’amakipe 12 harimo abiri yo mu Rwanda, Rayon Sports na APR FC.

Ni irushanwa ryari ryagarutsemo na Simba SC yo muri Tanzania nyuma y’imyaka myinshi itarikina.

Ni mu gihe na Tusker FC yo muri Kenya yongewemo nyuma y’uko Al Merreikh SC yo muri Sudani yikuye mu irushanwa.

Ikipe ya Gormahia yo muri Kenya iri mu itsinda rimwe na APR FC yo mu Rwanda

Aya makipe akaba yagabanyijwe mu matsinda atatu aho buri tsinda rizatanga izamuka muri 1/2 maze hatorwe indi imwe yatsinzwe neza (best loser)

Uko amatsinda ateye

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *