Perezida Kagame yaganiriye na mugenzi we wa Nigeria

0

 

Perezida wa Nigeria, Bola Tinubu yagaragaje ko kuri iki cyumweru yasangiye na Perezida Paul Kagame ari bonyine, baganira ku hazaza ha Afurika.

Amakuru yatangajwe n’Umuvugizi wa Perezida wa Nigeria, Bayo Onanuga, avuga ko ku Cyumweru, Perezida Tinubu yavuye i Lagos yerekeza i Burayi muri gahunda yo gukomeza ibiruhuko bisoza umwaka, ndetse akaba anafite urugendo rugana i Abu Dhabi, muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu.

Perezida wa Leta zunze Ubumwe z’Abarabu, His Highness Sheikh Mohamed bin Zayed Al Nahyan, yatumiye Tinubu mu nama yitwa Abu Dhabi Sustainability Week (ADSW 2026) izaba muri uku kwezi kwa Mutarama.

Perezida Bola Tinubu yatangaje kuri X yahoze ari Twitter ati “Nasangiye na Perezida Paul Kagame tuganira uko ibibazo by’Isi byifashe muri kino gihe, n’uko Africa yatera imbere bijyanye n’impinduka zirimo kuba ku Isi.”

Kugeza ubu ntacyo u Rwanda ruratangaza kuri ibyo biganiro, gusa urubuga thisdaylive.com ruvuga ko byabereye mu mujyi wa Paris mu Bufaransa.

Nigeria yugarijwe n’amabandi

Ku wa Gatandatu abantu bitwaje intwaro bateye icyaro cyo muri leta ya Niger, muri Nigeria bica abantu 30 ndetse basahura amaduka.

BBC ivuga ko abo bantu bateye agace kitwa Kasuwan-Daji ku wa Gatandatu batwika isoko ryaho, basahura amaduka kandi bashimuta abantu kugeza ubu hataramenyekana umubare.

Umunyamakuru wa BBC mu ishami rikoresha ururimo rw’Igi-Hausa yavuze ko abagabye igitero bari kuri moto bitwaje intwaro, bagose abaturage, nyuma batangira kubica.

Ibitero byica abantu no gushimuta abandi bimaze igihe muri Nigeria aho iki gihugu cyugarijwe n’amabandi by’umwihari muri Leta zo mu Burengerazuba no Hagatu muri icyo gihugu.

 

 

 

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *