Ibiganiro hagati ya Iran na USA byahagaze bitabaye

0
iran

Ibiganiro by’ubuhuza byari guhuza Leta zunze Ubumwe za Amerika na Iran byagombaga kubera mu Busuwisi, hagamijwe gusuzuma ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano yo guhagarika imirwano byasubitswe ku munota wa nyuma.

Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga y’u Busuwisi yatangaje ko gahunda y’ibi biganiro yahagaritswe, ndetse nta yindi tariki iratangazwa yo kubisubukura.

Iri tangazo rije nyuma y’aho ku wa Kane ubutegetsi bwa Amerika butangarije ko Visi Perezida wa Amerika, JD Vance, atakigiye mu Busuwisi nk’uko byari biteganyijwe.

Ibiro bya White House byavuze ko gahunda y’urwo rugendo yahindutse kubera impamvu zijyanye n’imitunganyirize y’inama ndetse n’andi mabwiriza y’akazi.

Ibiganiro byari byitezweho gufasha impande zombi gukomeza ibiganiro ku bibazo bimaze igihe bireba umubano wa Amerika na Iran no guhagarika intambara ibi bihugu bihanganyemo, harimo n’ibijyanye n’umutekano mu karere k’u Burasirazuba bwo Hagati.

Mu minsi ishize, Qatar na Pakistan zari zakomeje kugira uruhare mu gushaka uko impande zombi zegerezwa kugira ngo hakomeze ibiganiro bya dipolomasi no kugabanya amakimbirane akomeje guteza impungenge amahanga.

Nubwo ibiganiro byahagaritswe, nta ruhande na rumwe rwigeze rutangaza ko ibiganiro hagati ya Amerika na Iran byarangiye burundu, ahubwo amakuru aturuka mu nzego za dipolomasi agaragaza ko hakomeje gushakwa uburyo bwo kongera kubihuza mu gihe kiri imbere.

Gusubikwa kw’ibi biganiro bishobora gutinza intambwe zari zitezwe mu kunoza umubano hagati y’ibihugu byombi no gushakira ibisubizo ibibazo by’umutekano bikomeje kuvugisha amahanga.

Raul Nshungu -Amahoronews.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *