APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya

0
apr

APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ya Basketball mu Rwanda ku nshuro ya kane yikurikiranya, nyuma yo gutsinda Patriots BBC amanota 114-76 mu mukino wa kane wa nyuma wa kamarampaka, inahabwa miliyoni 15 Frw.

Uyu mukino wabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere, tariki ya 24 Kanama 2026, muri BK Arena. APR BBC yawinjiyemo isabwa gutsinda kugira ngo yegukane igikombe, mu gihe Patriots BBC yo yari ihanganye no gutsinda kugira ngo yongere iminsi y’iyi mikino ya nyuma.

Umukino watangiye wihuta, amakipe yombi atsindana amanota, by’umwihariko abakinnyi barimo Adonis Filer wa APR BBC na Damaria Franklin wa Patriots BBC. Agace ka mbere karangiye APR BBC iyoboye n’amanota 24 kuri 22 ya Patriots BBC.

Mu gace ka kabiri, umukino wakomeje kuba ishyaka, amakipe yombi akomeza kwegerana mu manota. Ndayisaba Ndizeye Dieudonné na Damaria Franklin bari mu bakinnyi bakomeje gufasha amakipe yabo kubona amanota.

Mu minota itatu ya nyuma y’igice cya mbere, APR BBC yabonye imbaraga ziyifasha kongera ikinyuranyo, ibifashijwemo na Ntore Habimana na Adonis Filer, wakomeje kwitwara neza cyane cyane atsinda amanota atatu. Iki kinyuranyo cyageze ku manota 14, ku manota 53-39.

Igice cya mbere cyarangiye APR BBC iyoboye n’amanota 56 kuri 43 ya Patriots BBC.

Mu gace ka gatatu, APR BBC yakomeje kwerekana ubuhanga no kugenzura umukino, yongera ikinyuranyo ibifashijwemo na Maouhamadou Diagne na Craig Randall. Ikipe y’Ingabo yageze ku kinyuranyo cy’amanota 20, ubwo yari imbere ku manota 73-53.

Patriots BBC yakomeje kubura ibisubizo byo kugabanya iki kinyuranyo, ibintu byagaragaraga no ku mutoza wayo, Niyongabo Sunny.

Agace ka gatatu karangiye APR BBC iyoboye n’amanota 81 kuri 58.

Mu gace ka nyuma, APR BBC yakomeje kugendera kuri uwo mujyo, yongera ikinyuranyo cy’amanota ibifashijwemo na Teafale Lenard, Adonis Filer na Uwitonze Justin, batsinze amanota menshi arimo n’ay’amanota atatu.

Umukino warangiye APR BBC itsinze Patriots BBC amanota 114-76, ibona intsinzi ya kane yari ikeneye kugira ngo yegukane Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya.

Mu guhatanira umwanya wa gatatu, REG BBC yawwegukanye nyuma yo gutsinda RSSB Tigers BBC amanota 96-84, yuzuza intsinzi ebyiri kuri imwe.

Mu bihembo byatanzwe ku bakinnyi bahize abandi, Craig Randall wa APR BBC yabaye umukinnyi mwiza wa Kamarampaka, ahabwa miliyoni 2 Frw.

Damaria Franklin wa Patriots BBC yabaye uwatsinze amanota menshi muri Shampiyona, mu gihe Elliot Cole wa REG BBC yabaye uwatsinze amanota atatu inshuro nyinshi kurusha abandi.

Umutoza mwiza w’umwaka yabaye Niyongabo Sunny wa Patriots BBC, naho umukinnyi mwiza wa Shampiyona isanzwe (Regular Season MVP) aba Umunya-Nigeria Garba Chingka Kennedy wa Patriots BBC.

Garba Chingka Kennedy kandi yongeye gutorwa nka myugariro mwiza wa Shampiyona ku nshuro ya kabiri yikurikiranya, mu gihe Hubert Sage Kwizera wa Patriots BBC yabaye umukinnyi wazamuye urwego kurusha abandi muri uyu mwaka.

Raoul Nshungu- Amahoronews.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *