USA: Abadepite ba Amerika bashyize igitutu kuri Trump ku masezerano y’ubucukuzi na RDC

0

 

Abadepite barenga mirongo itanu bo mu ishyaka ry’aba (Démocrates) basabye Perezida Donald Trump gusobanura ku mugaragaro gahunda y’ubufatanye na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo mu bucuruzi n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, bavuga ko ibyo biganiro bikorwa mu ibanga bikwiye gushyirwa mu mucyo.

Ku wa 8 Kanama 2025, Abadepite 51 bo mu ishyaka ry’aba (Démocrates), bayobowe na Depite Linda Sánchez, bandikiye Perezida Donald Trump ndetse na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, babasaba ibisobanuro birambuye ku masezerano y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro Leta Zunze Ubumwe za Amerika ziteganya kugirana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC).

Mu ibaruwa yabo ifunguye, aba badepite bagaragaje ko gahunda y’ayo masezerano itigeze isobanurirwa Inteko Ishinga Amategeko cyangwa abaturage, kandi ko irimo ingingo zikomeye zirebana n’umutekano, uburenganzira bwa muntu, uburenganzira bw’abakozi n’ibidukikije.

Bashimangiye ko ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC bukomeje kwibasirwa n’ibibazo bikomeye, birimo gukoresha abana n’abakuze imirimo y’agahato, kubangamira uburenganzira bw’abakozi no gukoresha uburyo bushyira ubuzima bwabo mu kaga.

Mu mibare batanze, abarenga miliyoni 7,8 bamaze kwimurwa ku butaka bwabo kubera amakimbirane n’ubu bucukuzi, abasivili basaga 7.000 barishwe naho ibihumbi byinshi bakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina.

Depite Linda Sánchez n’abandi 50 basabye ubutegetsi bwa Trump gusobanura ku mugaragaro ibiganiro bijyanye n’amasezerano ya Amerika na RDC.

Bivugwa kandi ko mu bacukuzi bagera ku 350.000 bakora mu birombe bya cobalt, abarenga 80.000 bakora badafite uburenganzira bubarinda, mu gihe abana bagera ku 40.000, bamwe bafite imyaka irindwi gusa, bakora mu bihe bitoroshye kandi bishyira ubuzima mu kaga.

Aba badepite basaba ko ubuyobozi bwa Trump butegura uburyo bwo kugisha inama Inteko, abandi bafatanyabikorwa n’abaturage, cyane cyane abahuzwa n’ingaruka z’ubucukuzi n’amakimbirane mu karere, mbere y’uko haba uruzinduko rw’abayobozi ba RDC i Washington.

Iyi baruwa ije mu gihe mu ntangiriro za 2025, Perezida Félix Tshisekedi yasabye Leta Zunze Ubumwe za Amerika gushora imari mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri RDC, mu rwego rwo gufasha igihugu cye kongera ubushobozi mu by’umutekano. Perezida Trump yemeye iki gitekerezo, avuga ko kizashingira ku masezerano y’amahoro RDC yagiranye n’u Rwanda.

Amani Ntakandi – Amahoronews.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *