Umukobwa wa Rodrigo Duterte wyoboye Philipines yajyanywe mu nkiko

0
Sara

kuri uyu wa Mbere tariki ya 7 Nyakanga 2026, mu Mujyi wa Manila, umurwa mukuru wa Philipines hatangijwe urubanza rwa Visi Perezida w’iki gihugu Madamu Sara Duterte uregwa ibyaha birimo ruswa .

Uyu mukobwa wa Rodrigo Duterte wayoboye iki gihugu hagati ya 2016 na 2022, ibyaha aregwa biraganisha ku kuba  yatakaza umwanya we ibintu byahindura isura ya Politiki y’iki gihugu.

Sara Duterte, umukobwa w’uwahoze ari Perezida wa Philippines, Rodrigo Duterte, aregwa ibyaha birimo ruswa, kunyereza umutungo wa Leta no kugira uruhare mu mugambi wo kwica Perezida Ferdinand Marcos Jr., wahoze ari umufatanyabikorwa we muri politiki. We n’abamwunganira bahakana ibyo birego byose.

Mu nkuru dukesha Reuters havugwamo ko abaturage ibihumbi n’ibihumbi babyukiye imbere y’inteko ya Sena basaba ko uyu mugore ahamwa n’ibyo byaha ndetse akaneguzwa ibi byatumye hatangwa itegeko ryo kugaba abapolisi benshi ahagiye kubera uru rubanza.

Sara Duterte ntiyitabira uru rubanza Imobankubone ahubwo araba ahagarariwe n’abanyamategeko be ,Mu itangazo Sara Duterte yasohoye yavuze ko kuba yarahisemo guhagararirwa n’abanyamategeko aho kwitabira urubanza ubwe bidakuraho inshingano ze kandi ko bitagomba gufatwa nk’ikimenyetso cyo kubura umucyo.

Kugira ngo yeguzwe ndetse anabure n’Uburenganzira bwo kwiyamaza kuyobora iki gihugu ( Umwanya ashaka guhatanira mu 2028) birasaba  ko abasenateri nibura 18 kuri 24 bamushinja ibi byaha.

Sara Duterte w’imyaka 48 ni Visi Perezida wa 3 w’umugore kuva Philipines yabaho uyu mwanya akaba yarawugiyeho muri Kamena 2022.

Raul Nshungu- Amahoronews.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *