DRC: Constant Mutamba yeguye nyuma yo gushinjwa kunyereza umutungo

0

Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC), Constant Mutamba, Minisitiri w’ubutabera yeguye kuri uyu wa gatatu, tariki ya 18 Kamena 2025, nyuma y’uko yashinjwaga n’umushinjacyaha mukuru mu rukiko rw’iremezo.

Ni nyuma y’ intonganya ndende yagiranye n’ ubucamanza, ubu ni we ukurikiranwa mu nkiko, abiherewe uburenganzira n’Inteko ishinga amategeko.

Ku wa kabiri tariki ya 17 Kamena, yakiriwe na Perezida Félix Tshisekedi, bivugwa ko atigeze arwanya igitekerezo cyo kwegura kugira ngo arenganurwe.

Constant Mutamba akekwaho gushaka kunyereza miliyoni 19 z’ amadolari mu masezerano bwite yo kubaka gereza i Kisangani, mu majyaruguru y’uburasirazuba bwa DRC.

Ku wa kabiri, tariki ya 17 Kamena, minisitiri yabonanye n’umukuru w’igihugu . Nta makuru yemewe yatangajwe kuri iyi nama, ariko nk’uko amakuru yacu abitangaza, minisitiri yatangaje ko yeguye.

Constant Mutamba ubu arimo kwitegura kwiregura, ategereje ko urubanza ruzaburanishwa mu rukiko. Bisabwe n’umushinjacyaha mukuru muri uru rukiko rukuru, abujijwe kuva i Kinshasa, byumvikane ko umunota ku wundi uyu ashobora gutabwa muri yombi.

Muri iki kibazo, uyu minisitiri w’imyaka 37 ashyira mu kaga ejo hazaza ku buzima bwe bwa politiki, Mutamba yabaye Umukandida mu matora ya perezida 2023, yarangije ku mwanya wa gatandatu mbere yo gutsindira umwanya nk’umudepite w’igihugu.

Nubwo byari bimeze bityo ariko, Mutamba yagizwe Minisitiri w’ubutabera muri Gicurasi 2024.Yamamaye kubera ishyaka rye ndetse n’icyifuzo cye cyo kuvugurura inzego z’ubutabera, yahise arakara cyane mu bucamanza avuga ko hari icyorezo cya ruswa.

Gaston Rwaka

Amahoronews.com

 


Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *