Imibare igaragaza ko mu mwaka wa 2024/2025 ababoanye akazi batageze no kuri rimwe 1% ugereranyije n’abanditse amabaruwa bagasaba ibi bishimangira ko mu Rwanda ikibazo cy’umurimo kikiri ingorabahizi.

Ibi bituruka muri Raporo ya Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta y’ibikorwa bya 2024/25  yisunze izindi raporo zigera kuri 309 zakozwe n’ibigo 107 bitandukanye yagaragaje ko  abantu 1.111.040 basabye akazi, ariko kabonwa n’abantu 3134 ibi bingana na 0.28%.

Mu bantu 1.111.040 basabye akazi, hatoranyijwe abantu 673.416. Abataratoranyijwe ni 437.624. Abakoze ibizamini ni 106.360. Abatsinze ni 8783, hashyirwa mu myanya 3134. Abashyizwe ku rutonde rwo gutegereza akazi (waiting list) ni 5223. Abatsinze ntibemera akazi ni 257, mu gihe abangiwe gushyirwa mu kazi ni 130.

Iyi mibare kandi igaragaza ko abagabo bakiri benshi aribo bajya kwaka akazi kuko 726.973 ni abagabo, mu gihe 384.067 ari abagore. Abagabo batatoranyijwe ni 304.367, mu gihe abagore ari 133.257.

Perezida w’agateganyo w’inama y’abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta, Sebagabo Muhire Barnabé

Perezida w’agateganyo w’inama y’abakomiseri muri Komisiyo y’Igihugu Ishinzwe Abakozi ba Leta, Sebagabo Muhire Barnabé, yavuze ko mu mpamvu zituma abagore baba bake mu bijyanye no kwitabira akazi harimo umuco wo kumva ko abagore batagomba gukorera kure y’ingo zabo, kutabona aho basiga abana ngo bakore ikizamini, ibizamini bikorerwa kure n’ibindi.

Ati “Ikindi abantu baracyafata umugore nk’umuntu wo mu rugo. Hari n’ivangura rya bucece mu gutanga akazi. Hari umugore uza gukora ikizamini cy’ibanzwa bagasanga aratwite, bahita bishyira mu mutwe ko ahita ajya muri konji atarakora. Iyo migirire iracyari mu bantu kuko hari umugore utwite utajya gushaka akazi ati nzajya kugashaka nabyaye.”

Iyi mibare igaragaza ko mu myaka 5 ishize abasaba akazi biyongereyeho 58% kuko mu mwaka wa 2020 bari ibihumbi 700 ubu mu 2025 bakaba 1.111.040.

Raoul Nshungu- Amahoronews.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *