Izamuka ry’ibiciro ku isoko ryageze kuri 12.9%

0
WhatsApp-Image-2026-06-08-at-13.51.22

Ibiciro ku masoko yo mu mijyi mu Rwanda byakomeje kuzamuka muri Gicurasi 2026, aho byiyongereyeho 12,9% ugereranyije na Gicurasi 2025, bigaragaza ko ubuzima bukomeje guhenda ku baturage, cyane cyane ku bicuruzwa na serivisi bikenerwa buri munsi.

Raporo yashyizwe ahagaragara kuri uyu wa 10 Kamena 2026 igaragaza ko iri zamuka ryatewe ahanini n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye ryageze kuri 7,6%, ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongera ku kigero cya 14,2%, mu gihe ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byazamutseho 21,8%.

NISR kandi igaragaza ko ibiciro by’ubwikorezi byiyongereyeho 28%, na ho ibiciro by’amafunguro n’icumbi bizamukaho 15,1%.

Ugereranyije Gicurasi 2026 na Mata 2026, ibiciro byiyongereyeho 0,6%. Iri zamuka ryatewe cyane cyane n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 0,9%.

Ibiciro mu mijyi

NISR ivuga ko mu mijyi ibiciro byiyongereyeho 12,9% muri Gicurasi 2026 ugereranyije n’ukwezi nk’uku kwa Gicurasi 2025, mu gihe muri Mata 2026 byari byiyongereyeho 13%.

Iri zamuka ryatewe n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 6,2%, ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongera ku kigero cya 16,1%, ndetse n’ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byazamutseho 19,4%.

Iyo aRaporo igaragaza kandi ko ibiciro by’ubuvuzi byiyongereyeho 71,6%, iby’ubwikorezi byiyongera ku kigero cya 24,5%, mu gihe ibiciro by’amafunguro n’icumbi byazamutseho 16,6%.

Ugereranyije Gicurasi 2026 na Mata 2026, ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 0,5%, ahanini bitewe n’izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye ryageze kuri 0,9% ndetse n’ibiciro by’ubwikorezi byiyongereyeho 1,1%.

NISR ivuga kandi ko ugereranyije Gicurasi 2026 na Gicurasi 2025, ibiciro by’ibintu bitarimo ibiribwa n’ibikomoka ku ngufu byiyongereyeho 12%.

Ibiciro mu byaro

Mu bice by’icyaro, ibiciro byiyongereyeho 11,8% muri Gicurasi 2026 ugereranyije na Gicurasi 2025, mu gihe muri Mata 2026 byari byiyongereyeho 10,6%.

Mu byagize uruhare muri iri zamuka harimo ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 8,1%, ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongera ku kigero cya 13,3%, ndetse n’ibiciro by’amazu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byazamutseho 23,8%.

Ibiciro by’ubwikorezi byiyongereyeho 39,5%, naho ibiciro by’amafunguro n’icumbi byazamutseho 13,3%. Ugereranyije Gicurasi 2026 na Mata 2026, ibiciro mu byaro byiyongereyeho 0,7%, aho iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byazamutseho 1%.

Raul Nshungu – Amahoronews.com

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *